Iyi serivisi yemerera abakora ubucuruzi bw'imashini z'ubuhinzi kwiyandikisha no kubona uruhushya rwo gukora rutangwa n'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw' ubuziranenge, ihiganwa mu bucuruzi no kurengera umuguzi (RICA). RICA izasura umurima kugirango ibibanza byujuje ubuziranenge.
Igihe cyo gutunganya dosiye ni iminsi 14 kandi serivisi ni ubuntu.
Ibisabwa
Abasaba bagomba kuba bafite TIN y'ikigo cy'ubucuruzi ikora.
Abasaba bagomba kuba bafite imeyili na nomero ya telephone bikora.
Imigereka isabwa
Kopi yubucuruzi kubacuruzi (abakozi binganda)
Inyandiko igaragaza urutonde rw'imashini cyangwa ibikoresho by'ubuhinzi bigomba kugurishwa
Kopi y'ububiko cyangwa amasezerano y'ubukode hamwe na nyirayo
Impamyabushobozi z'abatekinisiye zashizweho umukono na noteri
Kopi y'amasezerano yo gukora y'abatekinisiye
Kopi ya pasiporo
Icyemezo cyo kwandikisha ubucuruzi cya RDB
Kopi y'uruhushya ruheruka
Kurikiza izi ntambwe zoroshye kugira ngo umenye uko wafasha usaba uruhushya rwo gucuruza imashini zikoreshwa mu buhinzi:
Sura urubuga IremboGov kuri www.irembo.gov.rw hanyuma winjire muri konti yawe yu umu Ajenti.
Idirishya rito rizazamuka. Uzuza nimero yawe ya telefone n’ijambobanga, hanyuma ukande Injira.
Kanda "Dosiye Nshya" kugirango utangire ubusabe bushya.
Jya munsi y’icyiciro cy'Ubucuruzi n'inganda, kanda kuri “Uruhushya rwo gukora ubucuruzi”.
Hitamo “Uruhushya rwo gucuruza imashini zikoreshwa mu buhinzi”
Kanda “Saba.”
Shyiramo amakuru y'usaba. Hitamo icyiciro cy'usaba (nyir’ubucuruzi cyangwa uhagarariye ubucuruzi), icyiciro cy'imyaka n'andi makuru bwite asabwa.
Andikamo amakuru ya dosiye. Hitamo niba ari ubusabe bushya cyangwa dosiye igomba kuvugururwa, shyiramo TIN y'ikigo cy'ubucuruzi maze ukurikize ibindi bisabwa.
Shyiramo imigereka isabwa mu miterere ikwiye maze ukande Ibikurikira.
Genzura niba amakuru y’usaba ari ukuri, shyiramo nomero ya telefoni na/cyangwa imeyili, kanda ku kadirishya ko kwemeza, maze ukande Ohereza.
Uzahita uhabwa nomero ya dosiye (B2....) kugira ngo uwasabye serivisi abashe kugenzura aho dosiye yiwe igeze.
Icyitonderwa:
Numara kuyohereza neza, dosiye y’usaba izatunganywa na RICA. Abasaba bazahabwa imeyili cyangwa ubutumwa bugufi bubamenyesha impinduka iyo ari yo yose ku miterere ya dosiye.
Abatunganya dosiye nibamara kwakira no kwemeza dosiye y’usaba, bazahabwa icyangombwa cyabo gitangwa mu buryo bw'ikoranabuhanga kuri imeyili cyangwa bashobora kukimanura ku rubuga rw'IremboGov.