Velkominn
Innskráning

Ibibazo bikunze kubazwa mu kwandikisha uwapfuye

Abanyarwanda bashobora kwaka icyangombwa cyo kwandikisha uwapfuye binyuze muri serivisi itangwa na ministeri y'ubutegetsi bw'igihugu (MINALOC). Dosiye izoherezwa ku mukozi ushinzwe irangamirere w'aho uwapfuye yari abaruye.


Ibibazo bikurikira ni ibikunze kubazwa mu kwandikisha uwapfuye:

Ni ikihe kiguzi cya serivisi yo kwandikisha uwapfuye?

Iyi serivisi ntiyishyuzwa. 

Nshobora kwandikisha uwapfuye ku muntu wo mu muryango wanjye wapfuye mbere y'itangwa ry'indangamuntu nshya?
Yego, ushobora kwandikisha urupfu rw'uwapfuye igihe cyose yaba yarapfiriye.
Umuturage w'u Rwanda ashobora gusaba kwandikisha urupfu rw'umunyamahanga wapfiriye mu Rwanda?
Yego, ushobora gusaba iyi serivisi igihe cyose ufite amakuru y'umwirondoro w'uwapfuye n'icyamwishe. 
Umunyamahanga ufite pasiporo ashobora gusaba kwandikisha urupfu rw'uwo mu muryango we wapfuye? 

Oya, ntabwo yemererwa iyi serivisi. Abasaba bagomba kuba bafite indangamuntu y'inyarwanda/icyemezo cyo gukora.

Ese impunzi ifite ikarita y'impunzi yo mu Rwanda ishobora gusaba kwandikisha urupfu rw'uwo mu muryango wayo? 
Yego, yemerewe iyi serivisi. 
Ese nemerewe guhitamo umurenge nshaka kuri serivisi yo kwandisha urupfu? 
Oya, ushobora kohereza ubusabe ku murenge w'aho uwapfuye yapfiriye. 
Ni igihe kingana iki serivisi yo kwandikisha uwapfuye ifata?
Igihe cyo kugitunganya ni umunsi 1 w'akazi. Nyuma yo gusaba, usaba agirwa inama yo kujya ku biro by'umurenge yitwaje inyandiko zishyigikira, harimo n'indangamuntu y'uwapfuye. 
T
Treasure is the author of this solution article.

Did you find it helpful? Yes No

Send feedback
Því miður gátum við ekki verið hjálpleg. Hjálpaðu okkur að bæta þessa grein með athugasemdum þínum.