Iyi serivisi ifasha imiryango mpuzamahanga itari iya leta (NGO), imiryango itari iya leta yo mu gihugu, n'ibigo by'ubucuruzi byigenga (ibikorwa bifitiye abaturage inyungu rusange) gusinyana amasezerano y'imikoranire (MOU) na minisiteri y'uburezi kugira ngo bigire uruhare mu iterambere ry'uburezi mu Rwanda.
Dore ibibazo bikunze kubazwa n’aba Ajenti kuri iyi serivisi.
Ni nde ushobora gusaba iyi serivisi?
Imiryango mpuzamahanga itari iya leta,
Imiryango itari iya leta yo mu gihugu,
Ibigo by'ubucuruzi byigenga
Ni iyihe migereka isabwa kugira ngo usabe iyi serivisi?
Icyemezo cyo kwiyandikisha (cyo mu gihugu cyawe)
Gahunda y'ingamba n'ibikorwa
Inyandikorugero yujujwe mbere y'amasezerano y'imikoranire (MOU)
Ni gute nabona inyandikorugero z'inyandiko zisabwa?
Inyandikorugero zishobora gukurwa ako kanya ku ifishi yo ku rubuga rwa murandasi ku Irembo. Inyandikorugero zitandukanye zihabwa imiryango mpuzamahanga itari iya leta, imiryango itari iya leta yo mu gihugu, n'ibigo by'ubucuruzi byigenga.
Bifata igihe kingana iki kugira ngo dosiye y’usaba itunganywe?
Igihe cyo gutunganya dosiye kuri iyi serivisi ni iminsi 2.
Hari ikiguzi gisabwa kuri iyi serivisi?
Serivisi itangwa ku buntu.